| |||||||
![]() |
|||||||
|
Tuesday 16th of March 2010 11:42:07 AM
Imyiteguro ya Salax Music Awards igeze kure. Ubu ushobora guha amahirwe umuhanzi wunva wagushimishije kurusha abandi muri 2009!Posted:2010-03-16 by Nelly Wilson
![]() IKIREZI Group Ltd na Salus Relax Program nibo batangije iki gikorwa mu mwaka ushize aho batanga ga ibihembo mu byiciro bitandukanye by'umuziki; aha byari byabereye muri Kaminuza nkuru y'u Rwanda i Butare. Izi groups rero ziratangaza ko ku nshuro ya kabiri, ibimbo SALAX MUSIC AWARDS byagarutse, bikazaba ku itariki 27 Werurwe 2010 kuri Petit Stage i Kigali guhera saa 14h00. Mu kunoza neza imyiteguro, ubu igikorwa kirimo gukorwa ni uko abanyarwanda bari guhabwa umwanya wo kwihitiramo no kwitorera abahanzi babashimishije mu mwaka w'2009 (nomination) binyuze ku butumwa bugufi (SMS) ndetse na internet (Websites), aho byatangiye tariki ya 08/03/2010 bikazageza tariki ya 15-03 ahazahita hatangira gutora umwe mwifuzako azatsinda muri buri cyiciro kizahabwa ibihembo muri SALAX Awards 2009.
Ikirezi Group rero bakaba bashishikariza abanyarwanda gutora abo babona babikwiye babaha amanota menshi babinyujije mu gutora bohereza ubutumwa
[...] DOMINICK NIC IMYITEGURO YO GUSHYIRA ALBUM YE YAMBERE "ARI KUMWE NATWE" AHAGARAGARA IRI KUGENDA IRANGIRA.Posted:2010-03-16 by Crispin
Mu gihe tubona umuziki nyarwanda ukomeje gutera imbere cyane haba hano mu Rwanda ndetse no hanze yarwo, abaririmbyi baririmba indirimbo zo guhimbaza Imana nabo bakomeje kugaragaza ko bafite impano nyayo koko. Aha twavuga nk'umuhanzi Dominic Nic ukomeje kwigaragaza cyane kuva umwaka ushize mu kwezi kwa 2 ubwo yatangiye gukora album ye ya mbere ikaba imaze igihe irangiye hanyuma agakora na clip video za zimwe mu ndirimbo ze. Iyi album yise Arikumwe Natwe ngo igitaramo cyo kuyishyira ku mugaragaro (Launching) umunsi wacyo wageze. Uyu musore ubona ko atuje rwose aganira n'Inyarwanda.com yatubwiye muri aya magambo: "Concert yanjye nkomeje guyitegura neza cyane dore ko hashize igihe kirekire nyitegura ku buryo nanjye iyo mbibona mbona ishusho y'Iki gitaramo uko kizaba kimeze kuri uriya musi nkarushaho gushimira Imana cyane kuko hazabonekamo n'ama-surprises menshi ku buryo mpamya neza ko umuntu wese uzahaboneka azataha yishimye pe".
T[...] Umuhanzi SQ arasaba abahanzi bakizamuka gukora ibihangano bifite ingufu :ikiganiro kirambuye.Posted:2010-03-15 by Nelly Wilson
![]() Uyu muhanzi utanga ikizere urimo ugenda witwara neza mu bitaramo bitandukanye amazina ye nyakuri ni NIYIGENA Emmanuel aka SQ. Yavukiye Nyarugenge mu mugi wa Kigali,amashuri abanza ayiga muri EPA naho ayisumbuye akaba yarayize muri Groupe Scolaire officielle de Butare. Ubu akaba yiga mu mwaka wa mbere muri SFB (School of Finance and Banking). SQ rero yamenyekanye cyane yigo muri Secondaire aho yagendaga abyina indirimbo zitandukanye z'abahanzi bo hanze n'abo mu Rwanda ndetse akanakora free style z'izo ndirimbo.Nkuko yabitangarije inyarwandanda.com ngo yaje kubona ko gukomeza kuririmba no kubyina indirimbo z'abandi ataribyo maze afata icyemezo cyo gukora indirimbo ze bwite. Mu kiganiro kirambuye twagiranye yadutangarije ibi bikurikira: Inyarwanda.com :Ese ni ikihe kintu cyaba cyarakugoye guhera watangira inzira yawe y'ubuhanzi? SQ :Ndibuka nagowe cyane no kubona amafaranga yo kujya muri studio ngo nkore indirimbo yanjye ya mbere.
Inyarwanda.com
:Ese kugeza ubu[...] Umubyinnyikazi ASTERIE ati: " Stages za Meddy na Miss JOJO zagombye kubera urugero abandi bahanzi" : IKIGANIRO KIRAMBUYEPosted:2010-03-13 by Nuwayo André
-Natangiye kubyina nkiri muto cyane -Iyo ndi kubyinana na MEDDY mba numva.....
-Nemera Miss Jojo cyane
Muri iki gihe henda kuba "Salax Awards" ubu buri muhanzi wese ari gushaka icyo twakwita iturufu ryo kuzitwaza dore ko benshi mu bamaze kubaka izina mu Rwanda usanga basa nk'abari ku rwego rumwe kuko byinshi babihuriyeho ariko bamwe bagakura amanota menshi cyane kuri za s[...] Umuhanzi Tom Close muri Uganda: Ese yari ajyanywe ni iki? Urugendo rwabaye ruhire?Posted:2010-03-12 by Nelly Wilson
Hari ku itariki ya 02/03/2009 ubwo Tom Close yakoraga urugendo agana muri Uganda aho yagiye afite gahunda ebyiri .Iya mbere ikaba yari ugukorana indirimbo na Good Life ndetse no kwitabira ubutumire yari yahawe na Kampala International University aho diaspora y'abanyarwanda biga muri ino kaminuza bari bamutumiye ngo aze kwifatanya nabo.
Uyu muhanzi rero akaba yararirimbiye aba banyarwanda kuwa gatatu tariki ya 03/03/2010,ndetse anaririmbana na Good Life muri concert yabo yari yabereye muri Botanic Hotel Beach.
Nkuko twabitangarijwe na Tom Close ni uko ku wa kane bagiye muri studio gukora indirimbo nshya yise Mama w'abana yakoranye na Weasel
na Radio ndetse anakorana n'undi muhanzi ukunzwe cyane muri iki gihugu witwa Dan Forever indirimbo yo muri style ya Zook. Izi ndirimbo zose rero zikaba
[...] Abaririmbyi ba GOSPEL bo mu Rwanda bazitabira GROOVE AWARDS 2010 muri Kenya !Posted:2010-03-12 by Gustave ( helped by Patrick K)
![]()
Kugirango umuziki (indirimbo) n'ibijyanye na wo bitere imbere hari ibintu byinshi bikorwa. Muri byo harimo no guhemba, gushimira no guha icyubahiro abahanzi baba bitwaye neza mu buryo butandukanye ndetse berekanya udushya mu mwuga wabo hamwe n'abandi bose babafashije cyangwa bakoranye muri ibyo bikorwa muri icyo gihe kugirango bibatere ingufu zo gukomeza.
Mu myaka yindi yose yashije iki gikorwa kikaba cyabaga ku rwego rw'igihugu cya Kenya gusa, ariko ubu icyo gikorwa Groove Awards kimaze kugera ku rwego rw'akarere aho hazatoranwa hakanahembwa abahanzi bitwaye neza mu Rwanda, Uganda, Tanzaniya ndetse na Kenya. Kenya ikaba imenyerewe mu gutegura ibikorwa nkibi binini, aha tukaba twatanga urugero rwa Tusker Project Fame na MTV Africa Awards byabereyeyo.
[...]
|
MAMA W'ABANA: TOM CLOSE FT RADIO&WEASLE
Top 10 Most Played From February 1st
Indirimbo 4 zishyizweho vuba
Google Ads
Traffic Counter
|
|
|
|