"The BEN na MEDDY ntibabonetse muri FESPAD ariko habonetse abandi!"- Minister Joseph Habineza
Posted:2010-07-29 by Gustave
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu ubwo Concert yaberaga muri SERENA yasozwaga,twegereye Minisitiri w'umuco na Sport maze tugira icyo tumubaza ku
buryo abona iyi FESPAD iri kugenda .
Ngiki ikiganiro kigufi yagiranye n'abanyamakuru:
Ni iki cyatumye muza muri SERENA kuri uyu mugoroba?
Iyi yari Soiree de Gala, hari n'inama twari twagize uyu munsi ya Creative Economy. Iyi soiree de Gala ikaba yari iyo gushimira abafatanyabikorwa
twafatanije kugirango dutegure iyi FESPAD.
FESPAD irarangira kuri uyu wa gatandatu,kuva yatangira mwe mubona iri kugenda gute?
Hari abaririmbyi bagaragaye kuri gahunda ariko ntibaboneke nka MEDDY na THE BEN. Ese mubona ntacyo byatwaye ku kwitabirwa kwa FESPAD kubera ko
abanyarwanda babakunda
?
Kuba batarabonetse ni uko ntabari bahari,bari hanze, ni ko bimera nta muntu kamara ubaho iyo atabonetse haboneka abandi!
Kugeza ubu abantu bumvise ko Groupe KASSAV izaza ariko ntibarayibona. Ese koko ku munsi wa nyuma izaba yahageze?
Izaba ihari,KASSAV ni abantu numva bari Serious, bamaze gusinya Contract,baraza kuri uyu wa Kane noneho bazacurange ku wa gatandatu maze batahe ku wa
kabiri.