Uyu muhanzi uri kubarizwa I Kigali muri iyi minsi,atangaza ko iki gitaramo kizaba kigizwe n'indirimbo yahimbye zo gukangurira abahemutse kwihana no kongera gukunda ndetse n'izo kwifatanya n'abasigaye mu kababaro no kubaherekeza mu rugendo rw'Imbabazi n'Ubwiyunge akaba yaracyise " AKIRA URU RWANDA MANA IHORAHO"
Gahunda iracyari yayindi, Igitaramo kizabera muri Chapelle y'ishuri rya Lycee Notre dame de Citeaux i Kigali, kuri iki Cyumweru tariki ya 11 Mata 2010,guhera i saa kumi n'ebyiri z'umugoroba (6 PM).
1.
Abifuza kwitabira iki gitaramo bagomba kuhagera bitarenze saa kumi n'imwe na mirongo ine (5h40 PM) kugirango hatazagira ikibacika.
2.
Kwinjira ni UBUNTU, ariko hagati mu gitaramo, hazakusanywa amafaranga yo gufasha mu kwishyura ibyakoreshejwe mu kugitegura bityo buri wese akaba azasabwa kwitanga uko ashoboye